Amakuru ikinyamakuru Izuba Rirashe gikesha umushakashatsi ku mirire mu gihugu cy’Ubufaransa, Mathieu Merull avuga ko amafunguro ari ibintu fatizo umubiri ukuramo byinshi kugira ngo ushobore kurushaho gukora neza.
Amakuru ikinyamakuru Izuba Rirashe gikesha umushakashatsi ku mirire mu gihugu cy’Ubufaransa, Mathieu Merull avuga ko amafunguro ari ibintu fatizo umubiri ukuramo byinshi kugira ngo ushobore kurushaho gukora neza.
Amakuru ikinyamakuru Izuba Rirashe gikesha agashami k’imirire muri Kaminuza ya Tel-Aviv yo mu gihugu cya Israheli ku Mugabane wa Aziya, avuga ko burya amafunguro agira uruhare rukomeye mu gusa neza k’uruhu, mu kugira itoto cyangwa n’uburyo umuntu ashobora kugaragara muri rusange.
Amakuru ikinyamakuru Izuba Rirashe gikesha umushakashatsi w’Umufaransa, Amanda Ursell mu gitabo yise “tout savoir sur les aliments”, avuga ko umubiri w’abana bato uba ukeneye ibitera ingufu byinshi mu mafunguro kugira ngo babashe gukura vuba, cyane cyane babonye amafunguro abonekamo ibyanyamavuta.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) risobanura ko kuboneza urubyaro ari inshingano y’abantu ku giti cyabo cyangwa umugabo n’umugore bahitamo nta gahato umubare w’abana bazabyara, n’igihe bagomba kubabyarira.
Abarenga 300.000 ibahitana buri mwaka
Urukingo rwa kolera (cholera) rukomeje kugeragezwa n’abahanga, harebwa niba rufite ubushobozi bwo guhangana n’iyo ndwara, nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima(WHO). Kuri ubu, mu gihugu cya Bangladesh ku mugabane w’Aziya bakingiye abantu 240 000 bitewe n’uko iyo ndwara yibasiye abaturage b’icyo gihugu.
Ibiyobyabwenge ni kimwe mu bibangamiye ubuzima ku isi, haba mu Rwanda n’ahandi ku isi yose. Abanyarwanda barasabwa kugira imyumvire imwe mu kubyamagana, haba mu kubinywa cyangwa kubicuruza, kuko byangiza ubuzima. Tugiye kurebera hamwe zimwe mu ngaruka mbi z’ibiyobyabwenge ku buzima, muri rusange nk’uko tubikesha Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (WHO).
Mu kiganiro umuganga w’abagore Dr Ibba Mayele yagiranye n’ikinyamakuru Izuba Rirashe kuri uyu wa 18 Gashyantare 2011, yavuze ko ibibazo byinshi abagore batwite bagira, bikunze kugaragara mu mezi ya nyuma cyangwa mu gihe cyo kubyara.
Muri iki gihe, mu mpande zose z’igihugu aho umunyamakuru w’Imvaho Nshya agenda aca hose cyane cyane mu mujyi wa Kigali, ahabona abagore bacuruza ibiribwa ku gataro. Ni ibiribwa biba byiganjemo imbuto n’imboga ndetse hari n’abantu babigura ukabona bahise barya! Mukasine Sophia, inzobere mu mbonezamirire yavuze ko bene ibyo biribwa bikwiye gukemangwa kubera isuku nke aho biba nyirabayazana w’indwara zimwe na zimwe nyiri ukubihaha yikururira.
Icunga ni rumwe mu mbuto zikunzwe cyane ku isi . Nk’uko bisobanurwa na muganga Dupont Jiles wo mu gihugu cy’Ubufaransa, ngo icunga rikungahaye cyane kuri vitamini nyinshi zitandukanye ariko cyane cyane vitamine C, ifite imbaraga zo gukingira umubiri indwara z’Asima, Inkorora y’igikatu, igituntu, umusonga, rubagimpande. Ngo ni vitamine ifasha abantu kwituma neza, gukumira indwara z’igisukari, umuvuduko udasanzwe w’amaraso n’izindi.
Gufuruta ni ikimenyetso cyerekana ko hari icyo umubiri utishimiye. Gufuruta bishobora kubabaza rimwe na rimwe bikerekanwa no kubyimba k’uruhu bikaba byanageza naho uruhu rwokerwa, rugahindura ibara, hakabaho no guhinda nk’ubushye kanumuriro no kababara cyane. Ukubyimba k’umubiri kwibanda cyane ku bice ku munwa, ku muhogo, mu maso cyane cyane ahagana ku bitsike no ku matama. Nanone, gufuruta bishobora no gufata no ku myanya ndangagitsina.
Commentaires récents
il y a 1 an 36 semaines
il y a 1 an 36 semaines